U Rwanda rwongeye kwigira imbere mu bihugu byorohereza abashoramari ku isi
Muri raporo yashyizwe ahagaragara na Banki y’Isi, i Washington muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika igaragaza uko ibihugu bigenda bitandukana mu korohereza no kureshya abashoramari, u Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere mu bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba, ruza ku mwanya wa gatatu mu bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara nyuma y’Ibirwa bya Maurice na Afurika y’Epfo, ndetse ruza no ku mwanya wa 45 ku rwego rw’isi.
Uretse kuba u Rwanda ruri ku mwanya 3 mu bihugu byo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, iyi raporo yakozwe ku bihugu bigera ku 183 ikubiyemo uko ibihugu bigenda bitera intambwe mu bikorwa by’ubukungu Continue reading “U Rwanda rwongeye kwigira imbere mu bihugu byorohereza abashoramari ku isi”
Amatora y’Abasenateri arashyize arabaye!
Ayo matora agomba kubera mu byumba by’itora 55. Ni ukuvuga ko kuri uyu wa Mbere ibyumba 35 biri butorerwemo Abasenateri bahagarariye intara n’ibyumba 25 ku bazahagararira Kaminuza n’amashuri makuru. Continue reading “Amatora y’Abasenateri arashyize arabaye!”
EAC : Imbogamizi ku ikurwaho ry’imisoro muri za gasutamo zikomeje kwiyongera
Kongera umubare wa za gasutamo zidatanga imisoro (NTBs) mu karere ikomeje kuba ikibazo mu bucuruzi bwo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC)
Mu kwezi kwa Nyakanga umwaka ushije nibwo hatangijwe isoko rimwe ku bihugu bigize umuryango wa EAC mu rwego rwo gukuraho imipaka ku bucuruzi bukorerwa mu karere. Continue reading “EAC : Imbogamizi ku ikurwaho ry’imisoro muri za gasutamo zikomeje kwiyongera”
Impamvu leta y’u Rwanda ishyize imbere ahazaza mu mibanire yayo n’u Bufaransa
Ubwo yakirwaga na mugenzi we w’u Bufaransa kuwa Mbere tariki 12 Nzeli 2011, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatangarije abanyamakuru ko urugendo rwe mu Bufaransa rugamije gushimangira umubano mwiza usigaye urangwa hagati y’ibihugu byombi, aho guhera ubu bazashyira imbere ubutwererane mu bukungu, uburezi, inzego z’umutekano n’ibindi. Gusa icyo Perezida Kagame yatinzeho cyane aho yavuze hose ni “kuva mu byahise, tukareba ahazaza”. Continue reading “Impamvu leta y’u Rwanda ishyize imbere ahazaza mu mibanire yayo n’u Bufaransa”
Amateka y’umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa (Igice cya III)
Iki gice kiribanda ku iperereza ry’umucamanza Bruguière n’inyandiko zo guhagarika bamwe mu bayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda, ikaba yari imwe mu ntwaro u Bufaransa bwari bwahisemo mu ntambara yo kurwanya Leta y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 14 yose.
Bruguière yatangiye iryo perereza rye avuga ko ashaka kumenya uwahanuye indege ya Habyarimana, biza kurangira ashinje abasirikare 9 bakuru mu ngabo z’u Rwanda (RDF). Continue reading “Amateka y’umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa (Igice cya III)”
Amateka y’umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa (Igice cya II)
Igice cyacu cya kabiri kiribanda ku buryo u Bufaransa bwitwaye mu gihe cy’imishyikirano y’amahoro ya Arusha ndetse no ku rugamba rwo kwibohora.
Nk’uko byateganywaga n’amasezerano ya Arusha yari yashyizweho umukono hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na FPR- Inkotanyi, ibikorwa bya Noroit byarangiye mu mpera z’ukwezi kw’Ukuboza 1993, ariko u Bufarana bwemerewe gushyiraho amategeko 40 ya gisirikare (ariko bizwi neza ko yarengaga 40). Continue reading “Amateka y’umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa (Igice cya II)”
Amateka y’umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa (Igice cya I)
Mu rwego rwo gushimangira no gukomeza umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa, Perezida Kagame azagirira uruzinduko rw’akazi muri iki gihugu ku itariki 12 Nzeri 2011.
Uru ruzinduko nirwo rwa mbere Perezida Kagame agiriye mu Bufaransa kuva Perezida Sarkozy yava mu Rwanda.
Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa wakunze kurangwa n’ubwumvikane buke hagati y’ibihugu byombi bitewe n’amateka ariko cyane cyane biturutse ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994. Continue reading “Amateka y’umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa (Igice cya I)”
Dore impamvu umuntu agomba gukunda igihugu cyamubyaye
Mu gihe u Rwanda rurimo kuzamuka mu bukungu ndetse n’iterambere vuba cyane ni ngombwa ko n’imitekerereze ndetse n’imyumvire y’abarutuye n’abaruvuka nayo ifata icyerekezo kimwe mu gutera imbere. Ni ngombwa ko u Rwanda rugira isura nziza bihereye ku banyarwanda ubwabo nk’uko n’ibindi bihugu bimwe byateye imbere biheshwa isura nziza n’ababikomokamo.
Continue reading “Dore impamvu umuntu agomba gukunda igihugu cyamubyaye”
Ese ivugururwa ry’inzego z’ubucamanza mu Rwanda hari icyo ryagezeho?
Inyubako zishaje, imikorere mibi ivanze n’ubujiji ku bacamanza batabyigiye, ubushobozi buke ku bakozi, ubukene bw’ibikoresho by’akazi ni bimwe mu byadindizaga ubutabera mu Rwanda ahagana mu myaka ya 2004. Ibi bikaba byarahindutse nyuma y’aho inzego z’ubucamanza zivugururiwe nk’uko byavugiwe mu kiganiro cyatanzwe n’Urukiko rw’Ikirenga kimurika ibyagezweho mu butabera bw’u Rwanda kuva muri Kanama 2004 kugeza muri Kamena 2011. Continue reading “Ese ivugururwa ry’inzego z’ubucamanza mu Rwanda hari icyo ryagezeho?”
Abemerewe n’urukiko rw’ikirenga guhatanira umwanya w’ubusenateri ni 58
Urukiko rw’Ikirenga rwasohoye urutonde rw’abemerewe kuziyamamariza kuba Abasenateri ; Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yari yahaye uru rukiko amazina y’abantu 62 hemejwe 58 bazahatanira imyanya 14 ; aya matora azaba muri Nzeri uyu mwaka.
58 bemejwe bazahatanira guhagararira intara enye n’Umujyi wa Kigali, abandi babiri bazahatanira guhagarira amashuri makuru na za Kaminuza za Leta ndetse n’amashuri makuru na za Kaminuza zigenga. Continue reading “Abemerewe n’urukiko rw’ikirenga guhatanira umwanya w’ubusenateri ni 58″






Recent Comments